00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwarashe ibisasu karundura muri Syria

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 2 December 2024 saa 09:14
Yasuwe :

Nyuma y’uko imitwe y’inyeshyamba itunguranye igafata ibice binini mu Majyaruguru ya Syria, Igisirikare cy’u Burusiya gisanzwe gifatanya na Leta ya Syria cyarashe ibisasu biremere mu Ntara ya Idlib, ari nayo yibasiwe cyane n’ibitero by’izi nyeshyamba.

Ibi bitero byagabwe mu bice birimo kuberamo imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za Syria n’inyeshyamba. Izi nyeshyamba cyane cyane mu nkengero z’Umujyi wa Aleppo wa kabiri munini muri Syria, waranigaruriwe nazo.

Izi nyeshyamba kandi zavuze ko zafashe Umujyi wa Khansir uri mu Majyepfo ya Aleppo, mu rwego rwo guhagarika inzira inyuzwamo ibikoresho by’intambara biganishwa ku ngabo za Syria zikiri mu hafi y’umujyi wa Aleppo, zitegura kuwugabaho ibitero simusiga.

Inyeshyamba kandi zavuze ko zamaze gufata agace ka Sheikh Najjar kazwiho gutunga inganda nyinshi zitanga imirimo.

Ibitero by’indege z’Ingabo z’u Burusiya na Syria byishe abaturage bagera kuri 20 bahungiye mu mijyi itandukanye igenzurwa n’inyeshyamba, ikaba iri muri iyi ntara ya Idlib. U Burusiya bwahakanye kwica abaturage, bukavuga ko ibitero byabwo bigamije kurwanya abarwanyi b’inyeshyamba bihishe mu baturage.

Indege z'u Burusiya zarashe ibisasu karundura ku nyeshyamba ziri kurwana muri Syria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .