00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwamaganye inkunga nshya Amerika yemereye Ukraine

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 31 December 2024 saa 08:22
Yasuwe :

Ambasade y’u Burusiya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye inkunga ya miliyari 2,47 z’Amadolari Perezida Joe Biden yemereye igisirikare cya Ukraine.

Muri iyi nkunga, harimo iy’ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka miliyari 1,25 z’Amadolari bizavanwa mu bubiko bw’igisirikare cya Amerika n’indi ya miliyari 1,22 izafasha Ukraine kugirana amasezerano n’inganda zikora intwaro.

Perezida wa Amerika, Joe Biden, kuri uyu wa 30 Ukuboza 2024 yasobanuye ko iyi nkunga igamije kongerera Ukraine imbaraga kugira ngo izashobore gutsinda intambara irwana n’u Burusiya kuva muri Gashyantare 2022.

Ambasade y’u Burusiya yanenze ko Amerika yemeje iyi nkunga habura igihe gito ngo umwaka urangire, isobanura ko uretse gupfusha ubusa imisoro y’Abanyamerika, Perezida Biden adashobora gufasha Ukraine gutsinda iyi ntambara.

Yagize iti “Amerika yizera ko iyi mpano iriho amaraso iha Zelensky [Perezida wa Ukraine] ari igisobanuro cy’amahirwe y’ubutegetsi bwa Kyiv yo guhangana n’igisirikare cy’u Burusiya. Abayiteguye baracyari mu nzozi, batekereza ko bazatuma igihugu cyacu gitsindwa.”

Yasobanuye ko inkunga ya Amerika kuri Ukraine igamije kwenyegeza iyi ntambara kugira ngo ntizarangire vuba, isaba Abanyamerika n’Abanya-Ukraine gutekereza ku ngaruka izabagiraho.

Kuva muri Gashyantare 2022, Amerika imaze kwemerera Ukraine inkunga ya miliyari 175 z’amadolari zirimo miliyari 117,4 zahariwe igisirikare. Donald Trump witegura gusimbura Biden tariki ya 20 Mutarama 2025, ari mu banenga iyi politiki kuko ngo yenyegeza intambara, aho kuyihagarika.

Ambasade y'u Burusiya yamaganye inkunga Amerika ikomeje guha Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .