00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwakajije ibitero biganisha ku Mujyi wa Kharkiv

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 18 May 2024 saa 05:00
Yasuwe :

Ingabo za Ukraine zikomeje gusubira inyuma mu duce twa Kharkiv, Umujyi wa kabiri munini nyuma ya Kyiv, bitewe n’ibitero simusiga biremereye biri kugabwa n’Ingabo z’u Burusiya zariye karungu.

Mu by’ibyumweru bibiri bishize, u Burusiya bwagabye igitero gikomeye gitunguranye, ari nacyo gitero kinini kandi gitunguranye cyagabwe n’u Burusiya kuva iyi ntambara yatangira.

Nyuma yaho, u Burusiya bwatangiye kugaba ibitero simusiga byigarurira uduce dutandukanye ugana ku Mujyi wa Kharkiv, ndetse Amerika itangira kohereza intwaro ziremereye muri Ukraine, igamije kuramira Ingabo z’icyo gihugu zarimo gukubitwa inshuro mu buryo bukabije cyane.

Kuri ubu rero Ingabo z’u Burusiya ziri kwegera imbere cyane, ndetse amakuru akavuga ko zamaze kugota Umujyi wa Kharkiv ndetse ziri mu bilometero 10 gusa uvuye muri uwo Mujyi.

Ukraine iherutse kubona intwaro, icyakora ikagira ikibazo gikomeye cyo kutagira abarwanyi kuko benshi bari kwanga kujya ku rugamba, mu gihe abandi ibihumbi bapfuye ndetse bamwe bagafatwa mpiri.

U Burusiya buherutse gutangaza ko nibura kuva uyu mwaka watangira, abarenga ibihumbi 100 baguye ku rugamba, bigatuma muri rusanga abarenga ibihumbi 500 barapfuye ku ruhande rwa Ukraine gusa, barimo n’abakomeretse ku buryo batasubira ku rugamba.

U Burusiya bwahoranye Umujyi wa Kharkiv, icyakora buza kuwutakaza nyuma y’ibitero simusiga byagabwe na Ukraine, igasubiza inyuma u Burusiya.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .