00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwagaragaje ikizatuma Putin yemera guhura na Zelensky

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 May 2025 saa 09:25
Yasuwe :

Leta y’u Burusiya yatangaje ko Perezida Vladimir Putin azemera guhurira mu biganiro na Volodymyr Zelensky wa Ukraine mu gihe yasohoza isezerano ryo guhererekanya imfungwa z’intambara.

Tariki ya 16 Gicurasi 2025, abahagarariye u Burusiya na Ukraine bahuriye mu biganiro bitaziguye, byabereye muri Turukiya. Zelensky yagiye i Ankara, ashinja Putin kudashaka amahoro ashingiye ku kuba yarohereje itsinda yavuze ko ridashobora gufata ibyemezo.

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yatangaje ko mu biganiro biheruka muri Turukiya, abahagarariye igihugu cye na Ukraine bemeranyije ko hazabaho guhereranya imfungwa z’intambara, hanyuma imirwano igahagarara.

Peskov yagize ati “Uko guhura, nk’umusaruro w’amasezerano abahagarariye impande zombi bagiranye, kurashoboka. Dutekereza ko gushoboka.”

Yakomeje ati “Dukwiye gukora ibyo abahagarariye ibihugu bemeranyijeho ejo. Ibi ni, mbere ya byose guhererekanya imfungwa z’intambara 1000 ku 1000.”

Abahagarariye u Burusiya na Ukraine baherukaga guhurira mu biganiro bitaziguye mu 2022 ubwo intambara ihanganishije impande zombi yatangiraga, gusa icyo gihe nta musaruro byatanze.

Perezida Zelensky yagaragaje ko agishidikanya ku bushake bw’u Burusiya bwo kugera ku masezerano y’amahoro, nyuma y’aho kuri uyu wa 17 Gicurasi ingabo zayo zigabye igitero cya drones kuri bisi itwara abagenzi, cyapfiriyemo abantu icyenda.

Perezida Vladimir yemera guhura na Volodymyr Zelensky wa Ukraine mu gihe habaho ihererekanya ry'imfungwa z'intambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .