Ibyo bitero bivugwa ko byagabwe kuri uyu wa Gatanu hifashishijwe indege zitagira abapilote na misile byibasiye ibikorwa by’ingenzi birimo icyanya cy’inganda zikora ibikoresho bya gisirikare muri Ukraine.
Iryo tangazo kandi ryagaragaje ko ibitero nk’ibyo byari byagabwe n’u Burusiya ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, na byo byibasiraga ibikoresho bya Gisirikare birimo intwaro, ububiko bw’intwaro, ibikoresho by’ubwirinzi, ikibuga cy’indege za gisirikare, ibigo by’amahugurwa bya gisirikare n’inyubako zirimo abasirikare ba Ukraine n’abacanshuro.
Ku wa 18 Werurwe, Perezida Vladimir Putin yategetse ko Minisiteri y’Ingabo ihagarika ibitero byagabwaga ku bikorwaremezo by’ingufu mu gihe cy’iminsi 30, uko guhagarikwa byari byemejwe ubwo Putin yagiranaga ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Nubwo Ukraine yagaragaje ko ishyigikiye inzira y’ibiganiro, u Burusiya buyishinja kurenga nkana ku gahenge kari katanzwe binyuze mu kugaba ibitero hifashishijwe za drone byibasira uruganda rutunganya gaze mu Burusiya.
U Burusiya bwagaragaje ko ibyo bitero Ukraine yagabye, bituma Guverinoma y’icyo gihugu adakwiriye kwizerwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!