Yabivugiye mu kiganiro yagiranye na BBC kuri uyu wa 26 Gashyantare 2025, ubwo umunyamakuru yamubazaga uruhare EU ifite mu biganiro biri kuba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burusiya.
Yasubije agira ati “Amasezerano ayo ari yo yose ku butaka bw’u Burayi, akwiriye kwemezwa n’Abanya-Burayi.”
Kallas yavuze no ku masezerano Ukraine iteganya kugirana na Amerika arebana n’amabuye y’agaciro ya Ukraine atareba u Burayi, ariko ko ibiganiro bijyanye n’amahoro yo bugomba kubigiramo uruhare.
Uyu muyobozi yavuze ko Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya atifuza ko intambara yo muri Ukraine yarangira, ahubwo ko yifuza agahenge kugira ngo abanze yisuganye, azongere agabe ibitero bikomeye.
Kallas yiteguraga guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, ku wa 26 Gashyantare kugira ngo baganire ku ntambara yo muri Ukraine, gusa ikiganiro cyabo cyaje guhagarara bitunguranye.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!