00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burayi bwasabwe gushinga igisirikare cyabwo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 February 2025 saa 05:10
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yavuze ko igihe cyigeze u Burayi bugashinga igisirikare cyabwo cyihariye, mu rwego rwo kwirindira umutekano cyane ko gukomeza kwishingikiriza kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitagishoboka.

Zelensky yabigarutseho mu Nama yiga ku mutekano izwi nka Munich Security Council iri kubera mu Budage, aho yavuze ko igihe kigeze u Burayi bukirindira umutekano butitaye kuri Amerika.

Yagize ati "Nizera ko igihe kigeze, ingabo z’u Burayi zikabaho."

Uyu muyobozi yashimangiye ko igihugu cye kitazemera amasezerano yo guhagarika intambara kitagizemo uruhare, aca amarenga y’uko mu gihe u Burusiya na Amerika byafata umwanzuro utari mu nyungu za Ukraine, icyo gihugu kitazabyemera.

Ubusabe bwa Zelensky buje nyuma y’uko Visi Perezida wa Amerika, James David Vance, nawe yari aherutse gutangariza muri iyi nama ko u Burayi bukwiriye kongera imbaraga mu bijyanye n’amafaranga bushora mu kwirindira umutekano.

Perezida Trump yakunze kunenga ibihugu by’u Burayi biri mu muryango wa NATO, abishinja gutanga umusanzu muke ugereranyije n’uwo biba bigomba gutanga. Byageze ubwo Perezida Trump ashaka gukura icyo gihugu muri uwo muryango w’ubutabarane, ariko ntibyagerwaho.

U Burayi bwasabwe gushyiraho igisirikare cyihariye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .