Ibi byatangajwe nyuma y’icyemezo cya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, cyo guhagarika imisoro mu yari yongeye ku bicuruzwa byinjira muri Amerika mu bihugu byinshi by’Isi mu gihe cy’iminsi 90.
Mu misoro mishya, Trump yari yagejeje kuri 20% ku bicuruzwa bituruka mu Burayi gusa aza kuvuga iyo misoro ibaye ihagaritswe uretse ko ibicuruzwa biva mu bihugu byinshi bizajya bisora 10%, gusa u Bushinwa bukagira umwihariko kuko ibicuruzwa bivayo byinjira muri Amerika, bizajya bisoreshwa umusoro wa 145%.
Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatangaje ko izahagarika by’agateganyo ibyo kwihorera mu gihe hagitegerejwe ibindi biganiro.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Financial Times ku wa 10 Mata 2025, Von der Leyen yavuze ko EU yiteguye gufata ingamba zikomeye zishobora kugira ingaruka ku bigo bikomeye by’ikoranabuhanga byo muri Amerika, by’umwihariko ibitanga serivisi z’ikoranabuhanga byinjiza amafaranga menshi binyuze mu kwamamaza.
Von der Leyen yavuze ko mu gihe ibiganiro bitagira icyo bitanga hari uburyo bwinshi bwo kwihorera kuri Amerika bidasabye kongera imisoro ku bicuruzwa gusa.
Yagize ati “Urugero ni uko ushobora gushyiraho umusoro ku mafaranga yinjizwa na serivisi z’ikoranabuhanga binyuze mu kwamamaza."
Yashimangiye ko nta muntu uzungukira muri iyi ntambara y’ubucuruzi ahubwo icyo buri wese azakuramo ari igihombo kandi bizakomeza kwiyongera.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!