00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buholandi bwemeye gusubiza Nigeria ibibumbano bisaga 100 yibwe

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 20 February 2025 saa 11:08
Yasuwe :

U Buholandi bwatangaje ko bugiye gusubiza Nigeria ibibumbano bikoze mu muringa 100, yibwe n’ingabo z’Abongereza mu mpera z’ikinyejana cya 19.

Ibihumbi by’ibi bibumbano byibwe Nigeria mu 1897, mu gihe cy’imvururu zasenye umujyi wa Benin. Aho uyu mujyi wahoze hahindutse Leta ya Edo.

Iyi mitungo yagurishijwe abacuruzi, indi igurishwa inzu ndangamurage z’ibihugu nka Wereldmuseum mu Buholandi.

Olugbile Holloway, Umuyobozi mukuru wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe inzu ndangamurage muri Nigeria (NCMM), yavuze ko kubasubiza iyi mitungo ari igikorwa cy’agaciro kandi ko bikwiye no kubera n’ibindi bihugu urugero.

Biteganyijwe kandi ko u Buholandi buzasubiza Nigeria n’amahembe y’inzovu ndetse n’ibibumbano by’abategetsi bayoboye umujyi wa Benin byakozwe hagati y’ikinyejana cya 15 na 19.

Iki gikorwa gishobora kongera igitutu ku bindi bihugu nk’u Bwongereza kuko na bwo bufite mu nzu ndangamurage yabwo ibibumbano bisaga 900 byakuwe muri Nigeria, gusa ntabwo Inteko Ishinga Amategeko yayo yemera ko bisubizwayo.

Mu 2022 u Budage bwasubije Nigeria ibibumbano 20. Ni cyo gihugu cya mbere cyari giteye iyi ntambwe.

Nigeria igiye gusubizwa bimwe mu bibumbano ndangamateka
Kimwe mu bibumbano byakozwe hagati y'ikinyejana cya 15 na 19
Ibibumbano u Buholandi bwemeye gusubiza Nigeria birenga 100

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .