00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buhinde: Yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa umutwe w’ingona ku kibuga cy’indege

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 11 January 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Umugenzi ukomoka muri Canada yatawe muri yombi ageze ku Kibuga cy’Indege cya New Delhi, kuko mu gikapu cye hagaragayemo igihanga cy’ingona n’ibindi bice byayo.

Uyu mugabo w’imyaka 32 utatangajwe amazina, yavaga mu Buhinde yerekeza muri Canada ariko inzego z’umutekano zimufatira ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Indira Gandhi.

Igihanga cyasanzwe muri iki gikapu cyari gifite amenyo atyaye, amajanja afite Amagarama 777, byose bipfunyitse mu myenda nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwo ku kibuga.

Ibyafashwe byoherejwe mu Kigo gishinzwe Amashyamba n’Ubuzima bw’Inyamanswa, kugira ngo bikorerwe isuzuma ryimbitse.

Raporo yo mu mwaka wa 2022 y’Umuryango utegamiye kuri Leta urwanya ubucuruzi bw’inyamaswa (TRAFFIC), wagaragaje ko uko umubare w’indege wiyongera mu Buhinde ari nako umubare w’abacuruza inyamanswa uzamuka haba imbere mu gihugu, ndetse no hanze muri rusange.

Hagati y’umwaka wa 2011 na 2020, ku bibuga by’indege bitandukanye hafashwe abacuruza inyamaswa inshuro 141, harimo ubwoko bw’inyamanswa 146, bwiganjemo ibikururanda aho byibasiwe ku kigero cya 46% by’inyamaswa zibasirwa na ba rushimusi.

Umugabo yafatanywe igihanga cy'ingona ku kibuga cy'indege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .