00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Minisitiri w’Intebe Bayrou yarokotse itora ryo kumutakariza icyizere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 January 2025 saa 09:38
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, François Bayrou, yarokotse itora ryo kumutakariza icyizere ryari ryasabwe na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bo mu ishyaka rya La France Insoumise (LFI), gusa icyo gitekerezo cyanze gushyigikirwa birangira iryo tora ritabaye.

Igitekerezo cyo gukora itora ryo gutakariza Bayrou icyizere ryatangijwe mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma y’uko muri iki cyumweru Minisitiri w’Intebe Bayrou yatangaje gahunda ya Guverinoma, aho yongeye kubyutsa gahunda yo gukora impinduka mu bijyanye na pansiyo, ibintu byari byarateje impaka mu 2023.

Igitekerezo cy’iryo tora cyari cyazanywe na LFI cyamaganiwe kure n’abo mu ishyaka rya National Rally (RN), birangira iryo tora riburijwemo, gusa byavugwaga ko byari bigoye ko Minisitiri w’Intebe Bayrou yari kurirokoka kuko ishyaka LFI ari ryo rifite umubare munini mu Nteko.

Impaka zabaye nyinshi, aho abagize RN berekanaga ko amagambo yatangajwe na Bayrou atariyo yashingirwaho Guverinoma ye yagiyeho mu kwezi kumwe gusa, itakarizwa icyizere ahubwo ko hakwiye gushingirwa ku bikorwa.

Manuel Bompard uhagarariye abagize LFI mu Nteko yabwiye Bayrou ati "Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe, iminsi ya Guverinoma yawe itubabaza irabaze... kandi nimara kuvaho hazakurikiraho n’ubwami buzakurikiraho [avuga Emmanuel Macron].

Abari bashyigikiye ko itora ryaba bagize amajwi 131, mu gihe hari hakenewe 288.

Minisitiri w'Intebe Bayrou yarokotse itora ryo kumutakariza icyizere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .