00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Ishyaka rirengera ibidukikije ryasabye ihagarikwa rya X i Burayi

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 14 January 2025 saa 08:22
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira kubungabunga ibidukikije [The Ecologists] Marine Tondelier, yasabye ko urubuga nkoranyambaga rwa X ruhagarikwa mu bihugu by’u Burayi cyane mu bihe by’amatora, avuga ko rubangamira demokarasi.

Ubwo yari mu kiganiro kuri RTL, Tondelier yagaragaje impungenge ku ruhare imbuga nkoranyambaga zigira mu kubangamira demokarasi, n’uburyo ziteza amakimbirane hagati ya ba nyirazo.

Abayobozi b’ibihugu by’i Burayi bashinja umuherwe akaba na nyir’urubuga rwa X kwivanga muri politiki y’u Burayi.

Ati “Ntabwo ikibazo ari ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ahubwo ikibazo ni uguhindura ibitekerezo by’abaturage.”

Yongeyeho ko umubare w’abantu ku giti cyabo bafite ibitangazamakuru bakomeje kwiyongera haba mu Bufaransa no ku Isi muri rusange, akabashinja ko iyo bamaze gukira bumva bagura ubuyobozi.

Yashimangiye ko bagomba kwitondera ibinyura ku mbuga nkoranyambaga kuko ari hamwe mu miyoboro icurirwamo ibitekerezo bishobora kugira ingaruka kuri demokarasi y’igihugu cyane cyane ibiva mu matora, ari na yo mpamvu nyamukuru ituma avuga ko zigomba guhagarikwa.

Ati “Urubuga rwa X ntabwo rutesha umutwe gusa ahubwo ni icyago, guhagarika kurukoresha ntabwo bihagije ahubwo rugomba gufungwa.”

Ibihugu by’i Burayi bimaze iminsi byikoma Elon Musk bimushinja kwivanga muri politiki yabyo no gushyigikira abarwanya ubutegetsi muri ibyo bihugu.

Marine Tondelier yasabye ko urubuga rwa X ruhagarikwa i Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .