Nyuma y’uko Amerika itangiye kugenda biguru ntege mu gutera inkunga Ukraine, u Bufaransa bwafashe iya mbere mu gukomeza uwo mugambi, icyakora abaturage ntibabyumva kimwe na Perezida Macron, aho bamusaba guhagarika kwivanga muri iyi ntambara.
Mu myigaragambyo, bari bitwaje ibitambaro biriho amagambo agira ati "Macron, ntabwo tuzapfira Ukraine," abandi bati "Macron, egura," cyangwa se bati "Macron ntidushaka intambara yawe," n’ibindi bigaragaza uburyo batishimiye imyitwarire y’uyu muyobozi ku ngingo y’intambara ikomeje guhuza u Burusiya na Ukraine.
Perezida Macron aherutse kurikoroza ubwo yatangaga igitekerezo cy’uko u Bufaransa bwakohereza intwaro kirimbuzi mu bindi bihugu by’inshuti, ndetse akaza no kuvuga ko u Bufaransa n’u Bwongereza biri gusuzuma umugambi wo kohereza ingabo muri Ukraine.
Ni ibintu byakiriwe nabi n’uruhande rw’abadashyigikiye ko u Bufaransa bukomeza kwivanga cyane muri iyi ntambara, bushyigikira Ukraine


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!