00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Igisasu cyaturikiye mu kabari gikomeretsa 12

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 13 February 2025 saa 08:54
Yasuwe :

Mu mujyi wa Grenoble mu Bufaransa haturikiye igisasu gikomeretsa abantu 12 bari mu kabari cyaturikiyemo, batandatu muri bo barakomereka bikabije.

Ibi byabaye ku wa 12 Gashyantare 2025 ubwo umuntu utaramenyekana yaje agata igisasu cyo mu bwoko bwa grenade mu kabari nkuko inzego z’ubuyobozi zibivuga.

Umushinjacyaha, Francois Touret-de-Courcy, yabwiye itangazamakuru ko “umuntu yaje atera grenade mu bigaragara ntacyo yavuze yahise yiruka aragenda.”

Yavuze ko nubwo iperereza ritarabasha kumenya uwabikoze, ariko bizera ko atari igitero cy’iterabwoba.

Yagize ati “Nta cyatuma dutekereza ko hari aho bihuriye n’iterabwoba ahubwo bishobora kuba bifite aho bihuriye n’ubugizi bwa nabi.”

Meya w’Umujyi wa Grenoble, Eric Piolle, abinyujije kuri X yavuze ko hagikorwa iperereza ngo bamenye niba hari aho bihuriye n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge kuko hari abantu bavuga ko uwateye icyo gisasu yari afite n’imbunda nto.

Visi Meya wa Grenoble, Chloe Pantel, yabwiye itangazamakuru ko akabari katewemo icyo gisasu ari akabari gasanzwe gahuriramo abaturage bo muri ako gace akenshi baje kureba umupira w’amaguru.

France24 yanditse ko abayobozi batandakunye, barimo na Minisitiri w’Ubuzima w’u Bufaransa, Yannick Neuder. bafite gahunda yo gusura abakomerekeye muri icyo gitero.

Abantu 12 bakomerekejwe n'igisasu cyaturikiye mu kabari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .