00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa bugiye kohereza Ambasaderi muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Assad

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 16 December 2024 saa 05:55
Yasuwe :

Guverinoma y’u Bufaransa yatangaje ko ku wa 17 Ukuboza 2024, izohereza abadipolomate bane muri Syria barimo Ambasaderi, nyuma y’iminsi icyenda Bashar al Assad akuwe ku butegetsi n’imitwe yitwaje intwaro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’agateganyo w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot, yatangarije Le Figaro ko intego nyamukuru yo kohereza abadipolomate ari ugutangiza ubufatanye n’ubutegetsi bushya bwa Syria no gukurikirana uko uburenganzira bw’abatuye muri iki gihugu bwubahirizwa.

Yagize ati "Ni ukugenzura niba amagambo meza yavuzwe n’ubu buyobozi bushya, bwasabye ko habaho ituze kandi bisa n’aho hatarimo urugomo, biri kubahirizwa.”

Mu gihe ibihugu byinshi byo mu Burengerazuba bw’Isi byakiriye neza ihirikwa rya Assad, byagaragaje impungenge kuri iyi mitwe yitwaje intwaro nka Tahrir al Sham bitewe n’umubano yigeze kugirana na al-Qaeda.

Minisitiri Barrot yasabye ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Syria guhuza amoko n’amadini yose yo mu gihugu, biganisha ku gutora Itegeko Nshinga rishya no ku matora mu gihe kizaza.

U Bufaransa bwahagaritse umubano na Leta ya Assad mu mwaka wa 2012, ubwo intambara ya Syria yatangiraga. Uwo mwanzuro bwari buwuhuriyeho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi bihugu by’u Burayi.

Minisitiri Jean-Noël Barrot yatangaje ko u Bufaransa bugiye kohereza abadipolomate muri Syria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .