00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage: Urukiko rwemeye guhagarika umucamanza mu rubanza ruregwamo ‘X’

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 22 February 2025 saa 06:17
Yasuwe :

Urukiko rwo mu Budage rwemeye ubusabe bw’urubuga rwa X rwa Elon Musk, bwo gukura mu rubanza umucamanza wakurikiranaga ikirego amatsinda abiri yarezemo uru rubuga, kijyanye no kubona amakuru ajyanye n’imikorere y’uru rubuga mu bihe by’amatora mu Budage.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, urukiko rwo mu Mujyi wa Berlin rwari rwategetse ko X izajya itanga amakuru nyayo mu bihe by’amatora ateganyijwe ku wa 23 Gashyantare 2025, ndetse bikaguma gukorwa kugeza nyuma y’iminsi ibiri amatora arangiye.

Aya makuru yasabwaga n’aya matsinda, akavuga ko ari uko akeneye gukurikirana no gutahura ibihuha n’amakuru y’ibinyoma ashobora gukwirakwizwa mu bihe by’amatora.

X yahise ijuririra iki cyemezo, inasaba ko umwe mu bacamanza muri uru rubanza yahindurwa, kubera ko hari aho byagaragaye ko ashyigikira aya matsinda abiri, binyuze mu kwishimira ibitekerezo byayo byanyuzwaga ku mbuga nkoranyambaga.

Urukiko rwemeje ihagarikwa ry’uyu mucamanza, ariko rutera utwatsi ubusabe bwo gukuraho abandi bacamanza babiri bari muri uru rubanza.

Ku rundi ruhande, X igaragaza ko ifite impamvu zifatika zatuma idatanga aya makuru, zishingiye ku mahame yayo yo kurinda umutekano w’amakuru bwite y’abayikoresha.

Urukiko rwatangaje ko umwanzuro w’agateganyo w’uru rubanza rw’amatsinda abiri yo mu Budage n’urubuga rwa X, uzasomwa ku wa 27 Gashyantare 2025.

Iki kirego gikomeje kujya mbere, mu gihe hagitutumba umwuka mubi hagati ya Chancelier Olaf Scholz, na Elon Musk, utuzuzanya n’ubuyobozi bw’iki gihugu, ndetse bikavugwa ko ashyigikiye ishyaka ry’abahezanguni, Alternative for Germany [AfD].

X igaragaza ko ifite impamvu zifatika zatuma idatanga amakuru bwite y'abayikoresha kuko byaba bihabanye n'amahame yayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .