00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage: Benshi bakomerekeye mu gitero cy’imodoka, abandi barapfa

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 20 December 2024 saa 11:48
Yasuwe :

Benshi bakomeretse, abandi babiri barimo umwana muto, baguye mu cyafashwe nk’igitero cy’ubwiyahuzi, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa BMW y’umukara yiraraga mu baturage bari bateraniye mu isoko rya Noheli mu Mujyi wa Magdeburg.

Isoko rya Noheli ni isoko riba mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheli, aho abantu bakusanyirizwa ahantu hagurishirizwa ibintu bitandukanye bijyanye no kwizihiza Noheli n’umwaka mushya.

Imibare nyayo y’abagizweho ingaruka n’icyo giyero ntiramenyekana, gusa ibitangazamakuru byo mu Budage byatangaje ko hagati y’abantu 60 na 80 ari bo bashobora kuba bakomerekeye muri icyo gitero.

Ababonye uko byagenze, bavuze ko imodoka y’umukara yo mu bwoko bwa BMW yaje yahoreye igendera ku muvuduko wa 400km/h ikirara mu bantu bari bateraniye muri iryo soko rya Noheli.

Umushoferi wayo yahise atabwa muri yombi, bivugwa ko ari umuturage wa Arabie Saoudite wakodesheje iyo modoka mbere gato y’uko akora ibyo.

Byibuze abantu babiri bapfuye abandi barenga 60 barakomereka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .