Uyu muyobozi yavuze ko Ukraine yifuza gusinya amasezerano ajyanye n’ikoreshwa ry’umutungo kamere wayo mu kwishyura ikiguzi Amerika yayitanzeho muri iyi ntambara, ariko avuga ko iby’ubushake bwo kurangiza intambara bitaraboneka mu buryo bushimishije.
Ati "Ntekereza ko bazasinya amasezerano y’ikoreshwa ry’umutungo kamere. Ariko ndifuza ko bashaka amahoro. Magingo aya, ntabwo berekanye ko bifuza amahoro ku rwego byakabaye biriho."
Trump avuze ibi mu gihe inzego za Amerika na Ukraine zitegura kugana inzira y’ibiganiro bizabera muri Arabia Saoudite muri iki cyumweru, mu rwego rwo gushaka umuti w’intambara imaze imyaka itatu ica ibintu hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!