00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yongeye gushimangira uko yishimira Elon Musk

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 April 2025 saa 08:32
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi bivugwa ko umubano wa Elon Musk na Donald Trump utifashe neza, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yongeye gushimangira ko akunda uyu mugabo wa mbere ukize kurusha abandi ku Isi, nubwo yemeza ko ntacyo amukeneyeho.

Umubano wa Trump na Musk umaze igihe uvugwamo agatotsi, aho bimwe mu binyamakuru byavuze ko wazambye biturutse ku kuba bamwe mu bagize Guverinoma ya Amerika barareze Musk kuri Trump, bamushinja imikorere idakwiriye.

Byavuzwe ko Trump yasabye ko Musk arushaho kugenzurwa, ku buryo n’inshuro yinjira muri White House zigabanuka. Icyakora Donald Trump yongeye gukuraho ibi bihuha, avuga ko yishimira cyane Musk.

Ati "Elon ari gukora akazi keza. Murebe, akorera hano ariko ntabwo mbyitayeho. Sinkeye Elon ku kintu icyo ari cyo cyose, ariko ndamwishimira. Ariko reka mbabwire, yakoze akazi gakomeye."

Akazi Trump ashimira Musk ni akajyanye n’ikigo ayoboye cya DOGE gifite inshingano zo kugabanya isesagurwa ry’umutungo wa Leta.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025-2026, DOGE yizeye kuzazigamira Leta agera kuri miliyari 150$, bitewe no kugabanya amafaranga anyerezwa n’ayangizwa mu bundi buryo.

Trump yongeye gushimangira uko yishimira Elon Musk

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .