00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yongeye gushimangira ko Ukraine itazinjira muri OTAN

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 27 February 2025 saa 06:24
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Ukraine igomba kwikuramo icyifuzo cyo kwinjira mu muryango w’ubutabarane mu bya gisirikare, OTAN, nka kimwe mu cyifuzo iki gihugu cyakunze gutanga.

Perezida Zelensky wa Ukraine, yakunze kuvuga ko kugira ngo icyo gihugu cyizere umutekano wacyo mu buryo bwuzuye nyuma y’intambara kirimo n’u Burusiya, bisaba ko cyakirwa muri OTAN, umuryango ufite ingingo ivuga ko iyo uteye kimwe mu bihugu biwugize, uba uteye ibihugu byose, ibyumvikanisha ko ugomba kwitegura intambara n’ibihugu 32 biwugize.

U Burusiya bwakomeje gutangaza ko mu gihe Ukraine yajya muri OTAN, byaba ari ikibazo ku mutekano wayo kuko ibihugu biri muri uyu muryango byaba biri kurushaho kwegera umupaka wayo, ibintu bwashimangiye ko butakwishimira.

Trump yongeye gushimangira ko Ukraine idashobora kwinjira muri uyu muryango, ati “Dukwiriye kwibagirwa ingingo yo kujya muri OTAN [Kwa Ukraine]. Niyo mpamvu ibi byose byatangiye,”

Trump kandi yavuze ko mu biganiro bigamije kurangiza iyi ntambara, harimo n’ingingo ishobora gusaba Ukraine kwemera guhara ubutaka yahoranye, ariko bukaza kwigarurirwa n’u Burusiya mu ntambara, ikintu Perezida Zelensky yakunze kwamaganira kure.

Gusa yakomeje avuga ko n’u Burusiya bukwiriye kugira ahantu busubiza Ukraine, ariko ntabwo yigeze avuga ahariho.

Trump yabigarutseho nyuma y’uko mu ntangiriro za Gashyantare, Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko Ukraine igomba kwakira ko itazigera isubizwa ahantu hafashwe n’u Burusiya kuva mu 2014 ndetse ko idashobora kwinjira muri OTAN.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov yakiriye neza ibyatangajwe na Trump, aho yavuze ko yumva neza umwanya u Burusiya buhagazemo kandi yifuza ko haboneka amahoro arambye.

Ati “Niwe mu muyobozi wa mbere wo mu Burengerazuba, numvishe yemeza ko icyateye ibibazo biri muri Ukraine ari ubuyobozi bwabo budashyitse bwifuza kwinjira muri OTAN.”

Trump yavuze ko Ukraine ikwiriye kwikuramo ibyo kwinjira muri OTAN

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .