00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yifuza ko ibihugu bya NATO byongera umusanzu biyitangamo

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 21 December 2024 saa 07:46
Yasuwe :

Itsinda ryo mu biro bya Donald Trump ryamenyesheje abayobozi b’ibihugu bigize umuryango wa NATO ko muri Mutarama azabasaba kongera amafaranga ashorwa mu bikorwa by’umutekano, bagatanga 5% by’ingengo y’imari z’ibihugu byabo.

Kuri ubu ibihugu 23 gusa muri 32 bigize NATO ni byo bishyira mu bikorwa intego yo kugenera ibikorwa by’umutekano 2% by’umusaruro mbumbe wabyo.

Uretse ibyo, Trump asa nk’uwahinduye ibitekerezo kuko ubu yatangaje ko yifuza gukomeza guha inkunga mu bya gisirikare Ukraine ariko anashyira imbaraga ko yakwinjira mu biganiro n’u Burusiya byo guhagarika imirwano.

Icyakora aracyatsimbaraye ku kuba Ukraine itakwinjira muri NATO.

Amakuru ahari agaragaza ko bimwe mu bihugu bigize NATO bisanzwe mu biganiro bigamije kureba uko amafaranga bitanga yava kuri 2% by’ingengo y’imari yabyo akagera kuri 3% n’ubwo benshi bagifite imyungenge ku ngaruka byazanira ubukungu bw’ibihugu byabo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .