00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yibeshye asakaza ubutumwa bw’ibanga yandikiranye na Elon Musk

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 30 December 2024 saa 10:25
Yasuwe :

Donald Trump uherutse kongera gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva muri Mutarama 2025, yibeshye asangiza abamukurikira ku rubuga rwe rwa Truth, ubutumwa bw’ibanga yandikiranye n’umunyemari Elon Musk, aherutse no guha inshingano mu buyobozi.

Ubwo butumwa Trump yasakaje by’impanuka bwerekanaga ikiganiro yagiranye na Elon Musk, amusaba kumusura mu rugo rwe, ’Mar-a-Lago’. N’ubwo bwahise busibwa, abantu benshi bari bamaze kubufotora barabubika.

Bwaragiraga buti "Uri hehe? Uzaza ryari mu ’izingiro ry’isanzure, Mar-a-Lago’?"

Yakomeje amubwira ko Bill Gates yari yasabye kumusura ku wa Gatanu nijoro, yongereho ko "Turagukumbuye wowe na X, ijoro ribanziriza umwaka mushya rizaba ari igitangaza."

Ubwo yavugaga X, benshi basobanukiwe ko yavugaga umwana wa Musk, kuko ari ko akunda kumwita, ndetse yagiye amugaragaza mu birori bitandukanye yitabira.

Elon Musk yakunze gusura urugo rwa Trump, Mar-a-Lago, inshuro nyinshi mu bihe bishize, ndetse hari amafoto menshi yagiye agaragaramo y’umuryango wa Trump, abana be n’abuzukuru be.

Umubano wa Trump na Musk watangiye kwaguka mu bihe Trump yiyamamazaga mu matora aherutse, ndetse wiyongera cyane ubwo yarokokaga igitero yagabweho, ubwo yari yagiye kwiyamamaza muri Leta ya Pennsylvania.

Nyuma aho Trump atsindiye amatora, yahise agira Elon Musk Umuyobozi w’urwego rushinzwe kugira inama Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku bijyanye n’ikoreshwa ry’umutungo w’igihugu, (Department of Government Efficiency).

Trump yibeshye asakaza ubutumwa bw'ibanga yandikiranye na Elon Musk

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .