Ibi Trump yabitangaje ku wa 9 Mutarama 2025 mu nama ku miyoborere yamuhuzaga na ba guverineri bo mu ishyaka ry’Aba-Republicain yabereye mu rugo rwa Trump ruzwi nka Mar-a-Lago aho akunze kwakirira abayobozi.
Trump yavuze ko Putin yifuza ko bahura, ati "Arashaka ko duhura, kandi turi kubitegura.”
Ubwo yavugaga ku bijyanye n’intambara y’u Burusiya na Ukraine, yongeyeho ati "Putin ashaka ibiganiro. Ibi yabivugiye mu ruhame ko tugomba gushyira iherezo kuri iyi ntambara, iri gutwara ubuzima."
Icyakora yavuze ko ibiganiro bye na Perezida Putin bitahita bibaho bitewe n’uko ahugiye mu kwitegura kurahirira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ibiganiro bikaba bitehanyijwe nyuma y’icyo gikorwa, uretse ko igihe bizabera kitari cyamenyekana.
Intumwa yihariye ya Trump mu Burusiya na Ukraine iherutse gutangaza ko ibiganiro bizavamo umuti wo guhagarika intambara bigomba kuba byararangiye mu minsi 100 nyuma y’irahira rya Perezida Trump.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!