00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump ashobora kwitabira ibiganiro by’u Burusiya na Ukraine

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 May 2025 saa 10:37
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yateguje ko ashobora kujya mu biganiro by’amahoro bizahuriza u Burusiya na Ukraine muri Turukiya tariki 15 Gicurasi 2025.

Tariki 11 Gicurasi, Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhurira na Ukraine mu biganiro bitaziguye, agaragaza ko yifuza ko bibera muri Turukiya.

Yagize ati “Twifuza ko Kyiv yakwemera ko dusubukura ibiganiro bitaziguye bitagira amabwiriza abibanziriza. Twemereye Kyiv kubisubukura ku wa Kane muri Istanbul.”

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yasubije ati “Hano muri Ukraine nta kibazo dufite cyo kujya mu biganiro, turabyiteguye uko byaba bimeze kose. Nzaba ndi muri Turukiya ku wa Kane tariki ya 15 Gicurasi, kandi niteze ko Putin na we azajyayo. Nizera ko Putin atazashaka urwitwazo rw’impamvu atajyayo.”

Trump ari mu ruzinduko rw’akazi muri Arabie Saudite kuri uyu wa 13 Gicurasi, ruzakurikirwa n’urwo azagirira muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ku wa 12 Gicurasi yabwiye abanyamakuru ko azajya mu biganiro biteganyijwe muri Turukiya, niyumva hari icyo byafasha.

Yagize ati “Ntekereza ko mushobora kubona umusaruro mwiza w’ibiganiro by’u Burusiya na Ukraine bizabera muri Turukiya. Ntabwo nzi aho nzaba ndi ku wa Kane, mfite inama nyinshi, ariko ndatekereza kuba najyayo. Ndatekereza ko bishoboka ko najyayo, ntekereza ko byaba.”

Zelensky yatangaje ko azishimira kubona Trump yitabira ibi biganiro, kandi ko u Burusiya budakwiye kubisiba. Yasobanuye ko yanamaze kuvugana na Perezida Recep Tayyip Erdogăn wa Turukiya, amuha amakuru arambuye y’imitegurire yabyo.

Nubwo Putin yagaragaje ko u Burusiya buzitabira ibi biganiro, ntabwo yasobanuye niba azajya muri Turukiya. Icyakoze, yamaze kuvugana na Erdogăn, amusaba ko igihugu cye cyaba umuhuza.

Trump yagaragaje ko ashobora kuva mu ruzinduko afite muri Arabie Saudite na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, akajya muri Turukiya
Zelensky yagaragaje ko yifuza kubona Trump mu biganiro biteganyijwe muri Turukiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .