Ibi Trump yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru mu rugo rwe ’Mar-a-Lago estate’, ku wa Mbere.
Ubwo yari abajijwe niba yaramaze kuganira na Putin nk’uko byigeze gutangazwa mu minsi ishize, Trump yirinze kugira icyo abivugaho, gusa yavuze ko ateganya kubikora.
Yagize ati "Tuzaganira na Perezida Putin ndetse n’abamuhagarariye, hamwe na Zelensky n’abamuhagarariye. Tugomba kubihagarika. Ni ubwicanyi. Ni ubwicanyi tutari twarigeze tubona kuva mu Ntambara y’Isi ya kabiri, bigomba guhagarara. Ndigukora ibishoboka ngo bihagarare."
Mu bihe bye byo kwiyamamaza, Trump yasezeranyije kuzahagarika intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine mu gihe cy’umunsi umwe agitangira imirimo, n’ubwo yakomeje kugaragaza ko bikomeye kuruta uko yabikekaga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!