00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yasubije Zelensky winubiye kudatumirwa mu biganiro byo kurangiza intambara yo muri Ukraine

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 20 February 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yabwiye mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ko atagakwiriye kuba yaremeye gutangiza intambara ihanganishije igihugu cye n’u Burusiya, ndetse amugaya ko atabashije kuyihagarika kandi yaragize igihe gihagije cyo kubikora.

Ibi Donald Trump yabitangaje ku wa 18 Gashyantare 2025, nyuma y’aho Perezida Zelensky anenze ko ibiganiro byo kugarura amahoro hagati y’igihugu cye n’u Burusiya byabereye muri Arabie Saoudite, atigeze abitumirwamo.

Mu kiganiro Trump yagiranye n’itangazamakuru mu rugo rwe i Mar-a-Largo, yasubije Zelensky winubiye iyi nama yo kugarura amahoro, avuga ko yababajwe cyane n’amagambo ya Zelensky kandi ko yananiwe gukemura amakimbirane “atari akwiriye kuba yaratangiye na rimwe.”

Trump yakomeje avuga ko Zelensky n’abandi bayobozi ba Ukraine nta mwanya bafite wo kwinubira ko batatumiwe mu biganiro, ndetse ashinja Zelensky kuba yarananiwe gukemura amakimbirane nyamara yaragize imyaka myinshi yo kubikora.

Ati “Numvise uvuga ko utatumiwe, umaze imyaka itatu hariya wakabaye warabirangije […] nta nubwo wagakwiye kuba warabitangije. Wakabaye warumvikanye”.

Icyakoze nubwo Trump yanenze Zelensky kuba ntacyo yakoze mu kurangiza iyi ntambara, yavuze ko imishyikirano n’u Burusiya iri kugenda neza cyane.

Nyuma yo kujya ku butegetsi kwa Trump yashyize imbaraga mu guhagarika intambara ya Ukraine n’u Burusiya, ndetse itsinda ry’abayobozi ba Amerika n’ab’u Burusiya baherutse guhura kugira ngo harebwe icyakorwa.

Donald Trump, yabwiye mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ko atagakwiriye kuba yaremeye gutangiza intambara ihanganishije igihugu cye n’u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .