00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yashyizeho ihazabu y’asaga miliyoni 1,4 Frw ya buri munsi ku mwimukira atavuye mu gihugu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 April 2025 saa 02:10
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Trump burateganya guca ihazabu umwimukira wese uzanyuranya n’itegeko ryo kuva ku butaka bwa Amerika, aho ku munsi azajya yishyura amadolari 998$ ndetse imitungo ye igafatirwa mu gihe atabikoze.

Ni ihazabu ishingiye ku itegeko ryo mu 1996, yashyizwe mu bikorwa bwa mbere mu 2018 ubwo Trump yari ku butegetsi bwa Amerika muri manda ye ya mbere.

Ubutegetsi bwa Trump buteganya gushyiraho ibihano ku buryo mu gihe cy’imyaka itanu umuntu ashobora kwishyura amande arenga miliyoni 1$.

Trump arateganya gufatira imitungo y’abimukira bari muri Amerika mu gihe batishyuye iyo hazabu.

Ibiro bishinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu muri Amerika, byabwiye Reuters ko abimukira bose bari muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko, basabwa gukoresha “application” ya telefoni yitwa CBP Home “bakimenyekanisha kandi bagahita bava mu gihugu aka kanya”.

Umuvugizi w’ibi biro, Tricia McLaughlin, yagize ati “Mu gihe batabikoze, bazahura n’ingaruka. Zirimo no kwishyura ihazabu ingana na 998$ ku munsi, buri munsi urenze ku gihe itegeko ryo kuva mu gihugu ryashyiriweho”.

Trump ari gukora ibishoboka byose kugira ngo abimukira badafite ibyangombwa, bave ku butaka bwa Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .