00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yashimangiye ko azagabanya inkunga ya Amerika kuri Ukraine

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 9 December 2024 saa 04:46
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ubwo azaba ageze ku butegetsi muri Mutarama 2025, ashobora kuzagabanya cyane inkunga igihugu cye cyageneraga Ukraine, mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya.

Ibi Perezida Trump yabitangarije mu kiganiro na NBC ku Cyumweru, aho yasabye ko habaho agahenge kihuse, muri iyo ntambara atahwemye kwerekana ko arajwe ishinga no kuyishyiraho iherezo, mu gihe azaba ari ku butegetsi.’

Ubwo umunyamakuru yari amubajije niba Ukraine yakwitega ko inkunga yagenerwaga na Amerika izagabanyuka ubwo azaba ayoboye, Trump yarabusije ati "Birashoboka cyane."

Leta ya Amerika yagennye asaga miliyari 131 z’amadolari kuva muri Gashyantare 2022, yo gushyigikira Ukraine, nk’uko byemezwa n’imibare yasohowe na Pentagon mu ntangiriro z’uku kwezi. Muri ayo amaze kohererezwa Ukraine bivugwa ko ari agera kuri miliyari 90$.

Kuva atangira ibikorwa byo kwiyamamaza, Trump yakomeje gusezeranya ko azashyira iherezo ku ntambara yo muri Ukraine, "mu masaha 24 gusa" akigera ku butegetsi, gusa ntiyavuze uburyo azabikora. Gusa bivugwa ko ashobora gukoresha uburyo bwo kuvuga ko azagabanya inkunga Amerika yageneraga Ukraine bigatuma Perezida Vladimir Zelensky wa Ukraine ajya mu biganiro na Putin w’u Burusiya.

Trump yavuze ko azagabanya inkunga ya Amerika kuri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .