Ku wa 31 Werurwe 2025, ni bwo Le Pen wahoze ari Umuyobozi w’Ishyaka rya ‘Rassemblement National’, yakatiwe n’urukiko igihano cy’imyaka ine muri gereza, aho ibiri muri yo izaba isubitswe.
Urukiko rwatangaje ko rwafashe umwanzuro wo gukumira uyu muyobozi kujya mu myanya iya ariyo yose y’ubuyobozi mu Bufaransa.
Le Pen yafatiwe ibi bihano byose kubera kunyereza umutungo w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bikaba bizashyira iherezo ku ku kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu 2027.
Ubwo Trump yabazwaga n’abanyamakuru mu biro bya Perezida wa Amerika, White House, ibijyanye n’uko Le Pen yakatiwe, yasubije agira ati “Ni ikintu gikomeye cyane.”
Yakomeje avuga ko byose abizi kandi bimeze nk’ibyamubayeho muri Amerika.
Ati “Byose ndabizi, kandi abantu benshi batekerezaga ko atazigera ahamwa n’ikintu nta kimwe, ariko byarangiye ahagaritswe kuziyamamariza kuba Umukuru w’Igihugu mu gihe cy’imyaka itanu kandi ari we mukandida wari uyoboye abandi. Rwose ibi bimeze kimwe n’iki gihugu cyacu.”
Trump yagiye yumvikana kenshi anenga abashinjwe ubutabera bamuburanyaga ndetse n’abashinzwe iperereza aho yavugaga ko ibyo byose Biden ari we wabaga abyihishe inyuma ndetse n’abagize Ishyaka ry’Aba-Democrates.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!