Umuhango wo gushyingura Papa Francis wari umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, wabaye ku wa 26 Mata 2025. Witabiriwe n’abayobozi bakomeye bagera kuri 150 barimo na Perezida Donald Trump.
Uyu mukuru w’igihugu nubwo atari we muyobozi wenyine witabiriye uyu muhango, bisa nk’aho ari we wagarutsweho cyane.
Ubwo hasohokaga amashusho n’amafoto y’uko uyu muhango uri kugenda, benshi batunguwe no kubona imyambarire ya Donald Trump.
Impamvu yatumye imyambarire ye igarukwaho ni uko yari yambaye ikoti ry’ubururu nyamara abandi bayobozi bambaye amakoti y’umukara. Bamwe bamunenze, bavuga ko yambaye ibara rihabanye n’ibyo yagiyemo cyane ko ibara ryo gushyingura ari umukara.
Icyakoze nubwo benshi bamunenze, ntabwo Trump yarenze ku mategeko ya Vatican nk’uko umwe mu bayobozi baho yabitangarije People Magazine.
Yavuze ko abantu bose bitabiriye uyu muhango bari bemerewe kwambara ibara bashaka kuko nta bara cyangwa imyambaro yashyizweho bagombaga gukurikiza.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!