00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yahakanye ibyo gusura u Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 22 February 2025 saa 07:36
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahakanye ibyatangajwe ko ashobora gusura u Burusiya ku itariki ya 9 Gicurasi, umunsi u Burusiya bwizihiza ibirori byo kwishimira intsinzi bwagize mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Byari byatangajwe ko Trump ashobora gusura u Burusiya mu rwego rwo kuganira na Perezida w’icyo gihugu, Vladimir Putin, gusa uyu mugabo yabihakanye, avuga ko bidashoboka.

Icyakora Trump ntiyahishe ko yifuza kubona umubano mwiza wa Amerika n’u Burusiya usubukurwa, nyuma y’uko ujemo agatotsi katewe n’intambara icyo gihugu cyatangije muri Ukraine, bigatuma ubutegetsi bwa Joe Biden bufunga inzira zose z’ibiganiro n’u Burusiya.

Byitezwe ko mu karasisi k’uyu mwaka, u Burusiya buzaba bwishimira intambwe bwateye muri Ukraine, cyane ko ibiganiro bigamije gusoza iyo ntambara, bishobora kubuharira igice bwigaruriye muri iyi myaka intambara imaze.

Hagati aho, Trump na Putin baherutse kugirana ikiganiro kuri telefoni, mu gihe amatsinda y’ibihugu byombi ari mu biganiro bigamije gusuzuma uburyo bwo guhagarika intambara muri Ukraine.

Trump yahakanye ibyo gusura u Burusiya muri Gicurasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .