Ni umushinga wari ushamikiye ku kigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga USAID giherutse guhagarikwa na Leta ya Amerika, gishinjwa gukoresha nabi umutungo, ubu kikaba kiri gusuzumwa.
Umuvugizi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko porogaramu zose zigize uyu mushinga ziri gusuzumwa harebwa uburyo zavugururwa zigakorwa mu buryo butuma zitanga umusaruro ku nyungu za Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Yagize Ati “Porogaramu zose zikora mu nyungu z’igihugu cyacu zizakomeza gukora, ariko na none izikorwa mu buryo igihugu kitabonamo inyungu ntabwo zizakomeza gukora.”
Intego y’uyu mushinga yari ukongera gigawatt 30 z’amashanyarazi muri Afurika, aho abarenga miliyoni 600 mu bageze kuri miliyari 1.3 batuye uyu Mugabane, badafite amashanyarazi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!