00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yagiriye inama ibihugu byababajwe n’imisoro yashyizweho na Amerika

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 12 April 2025 saa 09:06
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagiriye inama ibihugu byababajwe n’icyemezo Amerika iherutse gufata, cyo kongera imisoro ku bicuruzwa byinjira muri icyo gihugu, igashyirwa ku 10% ivuye hagati ya 2% na 3%, avuga ko utifuza kuyishyura, ashobora gukorana n’ibindi bihugu.

Trump aherutse gutangaza imisoro ku bihugu hafi 90, aho buri kimwe cyagiye gishyirirwaho imisoro igomba kwishyurwa ku bicuruzwa byinjira muri Amerika, uretse ko nyuma yisubiyeho, akuraho iyo misoro yose, asigaza gusa umusoro wa 10%.

Hari ibihugu byateye hejuru, bivuga ko iyi misoro itari ikwiriye kuko izagira ingaruka ku bukungu bw’Isi. Trump yasubije ibyo bihugu, avuga ko "Dushobora gukora ibyo twifuza byose. Dushobora gushyiraho imisoro, hanyuma ibyo bihugu kudakorana natwe, cyangwa se bakayishyura. Niba bumva iyo misoro ihanitse, bashobora guhitamo kudakorana natwe."

Trump yavuze ko hari ibicuruzwa bishobora gusonerwa ntibihite bishyirirwaho iyo misoro, cyane ko nka telefoni na mudasobwa byamaze gukurwa mu bicuruzwa birebwa nayo, icyakora avuga ko umusoro wa 10% uzagumaho, ndetse ashimangira ko Amerika iri kwinjiza za miliyari z’amadolari kubera iyo misoro.

Trump yavuze ko ibihugu bitifuza gutanga imisoro, bishobora guhagarika imikoranire na Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .