00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yagaragaje ko Putin na Zelensky biteguye kumvikana

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 April 2025 saa 09:28
Yasuwe :

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Vladimir Putin w’u Burusiya na Volodymyr Zelensky wa Ukraine biteguye kugirana amasezerano y’amahoro yo guhagarika intambara.

Kuva muri Gashyantare 2025, intumwa za Amerika zahuriye muri Arabie Saoudite n’iz’u Burusiya n’iza Ukraine, zumva ibitekerezo bya buri ruhande biganisha ku ihagarikwa ry’iyi ntambara.

Ku wa 4 Mata ubwo umunyamakuru yabazaga Trump ibyo yavuganye na Zelensky, yasubije ati “Ntekereza ko yiteguye kumvikana. Kandi ntekereza ko Perezida Putin yiteguye kumvikana.”

Trump yatangaje ko Amerika iri kugirana ibiganiro byiza n’u Burusiya na Ukraine kandi ko yifuza ko iyi ntambara ihagarara vuba kugira ngo impfu z’abaturage zihagarare.

Ati “Turashaka kubona ihagarara vuba hashoboka kubera ko abaturage ibihumbi bicwa mu cyumweru. U Burayi bwananiwe kumvikana na Perezida Putin ariko ntekereza ko njyewe nzabishobora.”

U Burusiya bwashoje iyi ntambara kuri Ukraine muri Gashyantare 2022. Ubutegetsi bwa Amerika bwabanje bwo bwashakaga guha Ukraine inkunga mu bya gisirikare kugira ngo itsinde, ariko Trump we yagaragaje ko ibiganiro by’amahoro ari byo byabonekamo igisubizo kirambye.

Trump yavuze ko Zelensky yiteguye kumvikana na Putin
Trump yatangaje ko na Putin yiteguye kumvikana na Zelensky

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .