00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump Jr. yanenze Ukraine itaratanze amakuru ku wagerageje kwivugana se

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 9 April 2025 saa 04:25
Yasuwe :

Umuhungu wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, witwa Donald Trump Jr., yanenze Ukraine itarigeze itanga umuburo kuri Ryan Rough wagerageje kwivugana se mu 2024 ubwo yarari mu bihe byo kwiyamamaza.

Muri Nzeri ya 2024 ubwo Donald Trump yari ageze kure ibikorwa byo kwiyamamariza manda nshya, umugabo witwa Ryan Rough yamugabyeho igitero agerageza kumuhitana gusa umugambi we uburizwamo.

Ni igitero cyabereye hafi y’urugo rwa Trump, aho uyu mugabo yari arimo gukina umukino akunda wa Golf. Ryan yamwegereye anyuze aho twagereranya n’inyuma y’urugo, hafi y’ikibuga Trump yari ari gukiniramo.

Mu byo Ryan Routh yari yitwaje harimo imbunda ya AK47.

Inyandiko z’urukiko zabonywe na Fox News, zivuga ko Routh yaba yaragerageje kugura intwaro zikomeye ku muntu ufite intwaro za gisirikare muri Ukraine kugira ngo zimufashe mu mugambi wo kwivugana Perezida Trump.

Aha niho Trump Jr. yahereye anenga Ukraine ko yarizi ko uyu mugabo Routh ashaka intwaro zo guhitana se nyamara bakaryumaho aho guha amakuru Amerika.

Mu butumwa yanyujije kuri ‘X’, yagize ati “Niba utekereza ko ari bibi kuba Ukraine itarigeze ishimira Amerika ku byo imaze kubakorera. Noneho kuba bigaragara ko batatubwiye ko uwo musazi (Ryan Routh), yagerageje kubagurira intwaro kugira ngo yice papa bisa nk’ibintu bikomeye cyane. Nibaza impamvu”.

Ni mu gihe kandi uyu mugabo Ryan Routh wavugishije Trump Jr., yari yagerageje kwinjira mu gisirikare cya Ukraine mu 2022 ntibyamuhira, gusa akomeza kwivanga mu ntambara y’iki gihugu aho byavugwaga ko yashakaga abasirikare barwanirira Ukraine mu ntambara bahanganyemo n’u Burusiya.

Trump Jr. yanenze Ukraine itaratanze amakuru ku wagerageje kwivugana Se

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .