00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump ashobora gusura u Bushinwa

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 11 March 2025 saa 11:17
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, bashobora guhura muri Mata mu rwego rwo kuganira ku bibazo bijyanye n’intamabara y’ubucuruzi iri hagati y’ibihugu byombi ndetse n’ibindi bibazo muri rusange.

Biteganyijwe ko ibiganiro bya mbere bizabera mu Bushinwa gusa aho ibizakurikira bizabera haracyari kwigwaho n’impande zombi.

Trump yakomje kugaragaza ko yifuza kwakira Xi mu rugo rwe ruri i Mar-a-Lago muri Leta ya Florida. Icyakora, abayobozi b’u Bushinwa bashyigikiye ko ibiganiro byaba mu buryo bwemewe, batitaye ku hantu byabera haba i Beijing cyangwa i Washington, icy’ingenzi ari uko byatanga umusaruro.

Kuva yagera ku butegetsi itariki ya 20 Mutarama 2025, Trump yakubye kabiri imisoro ku bicuruzwa byose bitumizwa mu Bushinwa biva kuri 10% bigera kuri 20%, avuga ko ari ngombwa kurinda inyungu za Amerika no gukemura ibibazo by’ubusumbane mu bucuruzi.

Bimwe mu bicuruzwa by’ingenzi byagizweho ingaruka n’iyongerwa ry’imisoro harimo ibikoresho by’ibyuma na aluminium n’ibicuruzwa bitandukanye.

Mu gusubiza u Bushinwa nabwo bwashyizeho imisoro iri hagati ya 10% na 15% ku bicuruzwa bikomoka ku buhinzi n’ingufu bya Amerika.

Guverinoma y’u Bushinwa kandi yamaganye uburyo Washington ikora, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Wang Yi, yavuze ko politiki nk’iyi igarura Isi mu buryo bw’amategeko ameze nk’agenga ishyamba aho ufite imbaraga ari we ugomba kubaho.

Trump ashobora gusura u Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .