00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump ashobora guhura na Zelenskyy

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 February 2025 saa 11:41
Yasuwe :

Perezida Donald Trump yemeje ko ashobora guhura na Perezida Vladimir Zelenskyy wa Ukraine, nyuma akazanahura na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, mu gushaka umuti w’intambara imaze imyaka itatu ica ibintu hagati y’ibihugu byombi.

Trump yatanze isezerano ryo gushyira iherezo kuri iyi ntambara mu mezi atandatu nyuma yo kurahirira kuyobora Amerika, ndetse uruhande rw’u Burusiya rwamaze kugaragaza ubushake bwo kuganira na Trump kugira ngo bumve uburyo ateganyamo kurangiza iyi ntambara.

Trump yagize ati "Nshobora kubonana na Zelenskyy mu cyumweru gitaha, ntabwo nzajya hariya."

Uyu mugabo yongeyeho ati "Nshobora no kuzahura na Perezida Putin. Ndifuza ko iyi ntambara irangira. Perezida Putin nanjye twagiranye umubano mwiza."

Trump na Zelenskyy bari baherutse guhurira i Paris mu Bufaransa, nabwo bagirana ibiganiro byarimo na Perezida w’icyo gihugu, Emmanuel Macron.

Perezida Trump yemeje ko agiye guhura na mugenzi we wa Ukraine, Perezida Zelenskyy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .