00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump arifuza gusubiza u Burusiya muri G7

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 14 February 2025 saa 03:41
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka 11 u Burusiya bwambuwe uburenganzira bwo kuba umunyamuryango wa G8, Perezida wa Amerika, Donald Trump wakunze kunenga icyo cyemezo, yavuze ko byaba byiza icyo gihugu kiri mu bifite umutungo kamere mwinshi ku Isi, gisubiye muri uwo muryango.

G8, kuri ubu yabaye G7 nyuma y’uko u Burusiya bukuwemo, ni umuryango w’ibihugu biteye imbere birimo Canada, u Bufaransa, u Budage, u Butaliyani, u Buyapani, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

U Burusiya bwakuwe muri uwo muryango mu 2014 nyuma y’uko bushinjwe kugaba ibitero mu gace ka Crimea bugamije kukigarurira, nubwo abatuye ako gace baje gukora amatora ya kamarampaka, bagahitamo kujya ku Burusiya, igihugu n’ubundi cyahoranye ako gace kugera mu myaka ya 1953.

Perezida yavuze ko gukuramo u Burusiya byari ikosa, bityo ko ashyigikiye ko bugarurwa muri uwo muryango.

Ati "Nakwishimiye ko bagaruka. Ntekereza ko byari ikosa kubakuramo. Ikibazo si ugukunda cyangwa kwanga u Burusiya, mbere byahoze ari G8."

Si ubwa mbere Trump avuze ku ngingo yo gusubiza u Burusiya muri G8, uretse ko byinshi mu bihugu by’u Burayi byakomeje kuyitera utwatsi.

Trump ashobora kugarura u Burusiya muri G8

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .