Ni ku nshuro ya gatatu kuva atangiye manda ye muri uyu mwaka igihe cyo kugurisha TikTok cyongerwe.
Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, yatangaje ko Trump azashyira umukono ku rindi teka muri iki cyumweru kugira ngo TikTok ikomeze gukora.
TikTok yagombaga guhagarikwa muri Amerika nyuma y’uko Sosiyete iyigenzura yo mu Bushinwa, ByteDance, yanze kuyigurisha ku Munyamerika mbere y’itariki ntarengwa yo muri Mutarama.
Trump ashinja TikTok ikoreshwa n’Abanyamerika barenga miliyoni 170 ko ishobora gukoreshwa n’u Bushinwa nk’igikoresho cy’ubutasi no kwinjizamo abantu imyumvire ya politiki ihabanye n’ibyo Amerika ishaka.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!