Nk’uko byagaragajwe n’inyandiko ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga CNN yabonye, igaragaza ko uretse gufunga za ambasade, Amerika iteganya no kugabanya abakozi bayo mu bihugu birimo Somalia na Iraq, ibihugu yagiye ikoreramo cyane mu guhangana n’iterabwoba. Haravugwa kandi kuvugurura imibare y’abakozi no mu zindi Ambasade, nubwo bitaramenyekana niba Umunyabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yamaze gusinya kuri icyo cyemezo.
Izi mpinduka zije mu gihe hategerejwe amavugurura arambye mu bijyanye na dipolomasi ya Amerika, aho ubutegetsi bwa Trump ku bufatanye n’ikigo yashinze cya DOGE kiyobowe na Elon Musk, bateganya gukora impinduka zitandukanye, zigamije kugabanya Amafaranga Leta ya Amerika ikoresha mu mahanga.
Uru rutonde rwa Ambasade zishobora gufungwa hariho Ambasade 10 na consulat 17, ziganjemo izo muri Afurika n’u Burayi, nubwo harimo n’izo muri Aziya.
Muri Ambasade zagaragaye kuri urwo rutonde harimo iyo muri Malta, Luxembourg, Lesotho, Repubulika ya Congo, Repubulika ya Centrafrique na Sudani y’Epfo. Ni mu gihe kandi hari na consulat zirimo eshanu zo mu Bufaransa, ebyiri zo mu Budage, ebyiri zo muri Bosnia&Herzegovina, imwe mu Bwongereza, muri Afurika y’Epfo, ndetse no muri Koreya y’Epfo.
Iyi nyandiko igaragaza ifungwa ry’izo ambasade, ikomeza isobanura ko ubwo zizaba zimaze gufungwa, serivisi zatangaga zizajya zitangirwa mu bindi bihugu bituranye n’ibyo Amerika ifitemo ambasade.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!