00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trinidad & Tobago yashyizeho ibihe bidasanzwe byo gufata amabandi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 31 December 2024 saa 09:05
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Trinidad & Tobago, Keith Rowley, kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024 yatangaje ibihe bidasanzwe by’iminsi ibiri mu gihugu cyose, Polisi ihabwa ububasha bwo guta muri yombi amabandi bidasabye kwerekana impapuro ziyafunga.

Iki cyemezo cyashingiye ku gitekerezo Polisi yagejeje ku kanama k’iki gihugu gashinzwe umutekano muri Trinidad & Tobago, nyuma y’aho bigaragaye ko amabandi amaze kwica abaturage 623 mu mwaka wa 2024.

Ibiro bya Rowley byagize biti “Gutangaza ibihe bidasanzwe gushingiye ku gitekerezo Polisi ya Trinidad & Tobago yahaye akanama k’igihugu gashinzwe umutekano bitewe n’umutekano muke ukomeje gushyira abantu mu kaga.”

Umushinjacyaha Mukuru, Stuart Young, yatangaje ko muri ibi bihe bidasanzwe, hazabaho gusaka abaturage no guta muri yombi abakekwaho ibi byaha, gusa ngo urujya n’uruza ruzakomeza kugira ngo ibikorwa by’ubukungu bidahungabana.

Minisitiri w’Umutekano, Fitzgerald Hinds, yatangaje ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Trinidad & Tobago byabaye icyorezo. Yasobanuye ko kugeza tariki ya 26 Ukuboza 2024, habayeho kurasana inshuro 551.

Guverinoma ya Trinidad & Tobago yasobanuye ko ibi bihe bitazahagarika urujya n'uruza rw'abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .