00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Syria: Ubuyobozi bwasabye gukurirwaho ibihano by’ubukungu

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 19 December 2024 saa 01:33
Yasuwe :

Ahmed al-Sharaa uherutse kuyobora ibitero by’umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) uherutse gukura Bashir al-Assad ku butegetsi muri Syria, yatangaje ko igihe kigeze ibihano by’ubukungu byafatiwe icyo gihugu bigakurwaho.

Uyu mugabo yavuze ko igihugu kinaniwe cyane bitewe n’ingaruka z’intambara yagisenye mu buryo bukomeye, ku buryo ubu kigomba gutangira urugendo rwo kongera kwiyubaka.

Yagaragaje ko uru rugendo rutagenda neza mu gihe igihugu kikiri guhangana n’ibihano by’ubukungu byafashwe ku butegetsi bwa Bashar al-Assad. Ibyo bihano birimo kubuza ubucuruzi hagati ya Syria n’ibindi bihugu, cyane cyane ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.

Yagize ati "Ubu noneho nyuma y’uko ubutegetsi bwa Bashir buvuyeho, ibihano by’ubukungu byakurwaho kuko byari bigenewe ubutegetsi bwavuyeho. Abagizweho h’ingaruka nabwo ntibakwiriye gufatwa nk’uko bwafatwaga."

Yanasabye ko umutwe wa HTS ukwiriye gukurwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, ashimangira ko Syria nshya itazaba nka Afghanistan kuko we yemera uburenganzira bw’abagore burimo no kwiga, atanga urugero ku ntara ya Idlib yari imaze imyaka umunani mu maboko ya HTS, abagore bakaba bari bagize 60% by’abanyeshuri bose ba kaminuza.

Uyu mugabo kandi yavuze ko nta gahunda bafite yo kubangamira Israel, ahishura ko yifuza umubano mwiza nayo ndetse avuga ko Syria itazaba indiri y’ibikorwa bya Iran.

Hagati aho, abaturage barenga miliyoni imwe bashobora kugaruka muri Syria mu mezi atandatu ari imbere, mu gihe abandi barenga miliyoni zirindwi bahungiye mu mahanga nabo bazagenda batahuka.

Ahmed al-Sharaa yasabye ko Syria ikurikirwaho ibihano by'ubukungu yafatiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .