00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Syria: Amerika yishe umwe mu bayobozi bakuru ba Al Qaeda

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 February 2025 saa 06:47
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati ‘CENTCOM’ bwatangaje ko bwishe umwe mu bayobozi bakuru mu mutwe wa Al-Qaeda muri Syria, yiciwe mu gitero cy’indege.

Mu itangazo yanyujije ku rubuga rwa X ku wa 16 Gashyantare 2025, CENTCOM yatangaje ko iki gitero yakigabye ku wa 15 Gashyantare mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Syria, aho cyahitanye umuyobozi wari ushinzwe imari n’ibikoresho mu mutwe w’iterabwoba wa Hurras al-Din, ushamikiye kuri Al-Qaeda.

Gusa ntihigeze hatangazwa imyirondoro y’uwishwe.

Iki gitero cyagabwe byitezwe ko kizahagarika umugambi uyu mutwe wari ufite wo kugaba ibitero ku baturage, ingabo za Amerika ndetse n’inshuti z’iki gihugu.

Itangazo ryakomeje rivuga ko ku wa 30 Mutarama 2025, CENTCOM yishe undi muyobozi mukuru muri uyu mutwe wa Hurras al-DIn, Muhammad Salah al-Zabir, na bwo byari mu gitero cy’indege.

Amerika yatangiye gufata Hurras al-Din nk’umutwe w’iterabwoba mu 2019 ndetse itanga ibihembo by’amafaranga ku muntu watanga amakuru ku bagize uyu mutwe.

Amerika yishe umwe mu bayobozi ba Al-Qaeda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .