00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Syria: Abashyigikiye Bashir al-Assad bakozanyijeho n’ingabo zabakuye ku butegetsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 December 2024 saa 05:14
Yasuwe :

Abashyigikiye Bashir al-Assad uherutse gukurwa ku butegetsi muri Syria, bakozanyijeho n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) bahindutse ingabo za Leta, bapfusha abasirikare 14.

Iyi mirwano yabereye mu gace ka Tartous kari mu Burengerazuba bw’igihugu, kakaba kiganjemo abafite imyemerere y’Ab’Alawite, ari nabo Bashir yakomokagamo, ndetse n’abandi bahoze ari bayobozi bakuru barimo abasirikare.

Abafite iyi myemerere bagize ubwoba bw’uko bashobora kugirirwa nabi n’umutwe wa HTS cyane ko ubashinja guhohotera abaturage no kubakorera iyicarubozo.

Nyuma y’uko ingabo za Leta zigoswe n’Ab’Alawite, batumije abandi baje kubafasha mu gitero cyamaze igihe kitari gito. Nyuma yaho, Leta yohereje izindi ngabo nyinshi mu gukora umukwabu mu gace ka Tartous.

Bivugwa ko imirwano yakajije umurego ubwo ingabo za Leta zageraga muri aka gace aho zari zije gufata umwe mu bayobozi bahoze bakomeye ku butegetsi bwa Bashir, bamushinja gukora ibikorwa by’iyicarubozo. Uyu muyobozi ni we wasabye abarwanyi be guhangana n’ingabo za Leta.

Hagati aho, Leta nshya muri Syria yashyizeho ibihe bya guma mu rugo mu mujyi wa Homs, bitewe n’imyigaragambyo yaturutse ku bafite imyemerere y’Ab’Alawite, bavuze ko kimwe mu bicaniro byabo cyatwitswe, gusa byaje kwemezwa ko ibyo byakozwe kera, bityo iyi video itari iya vuba.

Abahoze ari abarwanyi ba HTS bakozanyijeho n'ingabo zabatsinze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .