00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Suède: Abahungabanya umutekano w’igihugu bashobora kwamburwa ubwenegihugu

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 16 January 2025 saa 08:59
Yasuwe :

Amashyaka ya politike muri Suède yasabye ko abakora ibyaha bihungabanya umutekano w’igihugu n’ababonye ubwenegihugu batanze ruswa, bagomba kujya babwamburwa.

Abagize komite ihuza amashyaka atandukanye batangaje ko iki cyemezo gikwiye kureba abantu batanze ruswa cyangwa ababeshye bagamije kubona ubwenegihugu bw’iki gihugu.

Kizanareba abakora ibyaha bibangamiye ubutegetsi n’abakoze ibyaha bishobora kujyanwa mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.

Minisitiri w’Ubutabera, Gunnar Strommer, yavuze ko Suède ihanganye n’ibyaha birimo iby’iterabwoba, ruswa, n’ibikorerwa leta biteza umwuka mubi mu gihugu.

Mu kiganiro n’imwe muri radiyo zo muri iki gihugu, yagize ati “Ibyifuzo nabonye uyu munsi ntibizatuma tubona uko twisubiza ubwenegihugu bwa Suède bufitwe n’abayobozi b’amabandi bari hanze y’igihugu bayobora ibitero by’iterabwoba ku mihanda ya Suède.”

Ni mu gihe Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, John Forssell, yatangaje ko mu mwaka wa 2024 Polisi yabonye abantu 600 basabaga ubwenegihugu nyamara bigaragara ko bashobora guteza umutekano muke.

Biteganyijwe ko kubona ubwenegihugu bwa Suède bizashyirwamo amananiza ku buryo uzabuhabwa kuva mu 2026 ari uzaba ahamaze imyaka umunani aho kuba imyaka itanu nk’uko byari bisanzwe.

BBC yanditse ko igitekerezo cy’aya mashyaka nubwo cyatanzwe, kitaremezwa ariko byitezwe ko kiri mu bizatorerwa n’Inteko Ishinga Amategeko mu 2026 ubwo hazaba hagiye kuvugururwa amategeko atandukanye.

Guverinoma ya Suède yatangaje ko ihanganye n'ibikorwa by'iterabwoba bihitana abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .