00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sarkozy yasabiwe gufungwa imyaka 7 kubera amafaranga ashinjwa guhabwa na Col Gaddafi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 March 2025 saa 10:38
Yasuwe :

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabiye Nicolas Sarkozy wayoboye iki gihugu kuva mu 2007 kugeza mu 2012 igifungo cy’imyaka irindwi kubera amafaranga ashinjwa guhabwa na Colonel Muammar Gaddafi wabaye Perezida wa Libya.

Mbere y’amatora ya Perezida w’u Bufaransa yabaye mu 2007, Sarkozy yari Minisitiri w’Imari. Ubushinjacyaha bwasobanuriye urukiko ko icyo gihe yahawe na Col Gaddafi miliyoni 50 z’Amayero mu ntoki kugira ngo azayifashishe mu kwiyamamaza.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ubwo Sarkozy yakiraga aya mafaranga, yasezeranyije Col Gaddafi gusaba umuryango mpuzamahanga kugarurira icyizere ubutegetsi bwa Libya bwasaga n’uburi mu muhezo.

Itegeko ryo mu Bufaransa ryagengaga amatora icyo gihe, ntiryemereraga umukandida ku mwanya wa Perezida kurenza ingengo y’imari ya miliyoni 21 z’Amayero mu kwiyamamaza. Ryasabaga kandi umukandida kwakira gusa umusanzu w’Abafaransa n’abatuye muri iki gihugu, yabirengaho agakurikiranwa n’ubutabera.

Uretse igifungo cy’imyaka irindwi, Ubushinjacyaha bwasabiye Sarkozy gucibwa ihazabu y’ibihumbi 300 by’Amayero, akanakumirwa mu biro byagenewe uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa mu gihe cy’imyaka itanu.

Sarkozy w’imyaka 69 y’amavuko yatangaje ko ubusabe bw’Ubushinjacyaha bubabaje, asobanura ko iki kirego cyahimbwe. Ati “Mu kwiyamamaza kwanjye, ntabwo muzasangamo Iyero rimwe n’ifaranga ryo muri Libya.”

Uyu munyapolitiki yatangaje ko azakomeza kurwanira ukuri mu butabera bwo mu Bufaransa.

Nicolas Sarkozy yatangaje ko abeshyerwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .