00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rodrigo Duterte wayoboye Philippines yashyikirijwe ICC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 March 2025 saa 08:49
Yasuwe :

Rodrigo Roa Duterte wabaye Perezida wa Philippines kuva mu 2016 kugeza mu 2022, yashyikirijwe urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rukorera i La Haye mu Buholandi.

Indege yari itwaye Duterte yageze mu Buholandi ku wa 12 Werurwe 2025 nyuma y’umunsi umwe afatiwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Manila muri Philippines.

ICC yatangaje ko yashyikirijwe uyu munyapolitiki kandi azagezwa mu rukiko mu gihe kizateganywa mu minsi iri imbere, isobanura ko yari yarasohoye impapuro zo kumufata.

Abanyametegeko be batangije ubukangurambaga bushinja Leta ya Philippines kumushimuta, basaba ko arekurwa. Umukobwa we akaba na Visi Perezida w’iki gihugu, Sara Duterte, yagiye mu Buholandi gukurikirana dosiye y’umubyeyi we.

Uyu munyapolitiki akurikiranyweho ibyaha byibasiye inyokomuntu, bifitanye isano n’impfu z’abakekwagaho gucuruza ibiyobyabwenge muri Philippines.

Ubwo Duterte yajyaga ku butegetsi, yategetse abapolisi kwica abakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge mu gihe babona bashaka kubarwanya.

Byavuzwe ko abapolisi bishe nabi abantu barenga 6000, barimo abarenganaga nk’abana, kandi ko Duterte yabishyigikiye, biba intandaro y’iperereza ICC yatangije mu 2018.

Rodrigo Duterte wabaye Perezida wa Philippines yagejejwe muri kasho ya ICC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .