00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rihanna yavuze uwo azitirira umwana we wa gatatu

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 21 February 2025 saa 07:07
Yasuwe :

Umuhanzikazi Rihanna uri mu byishimo byo kuba umukunzi we A$AP Rocky yatsinze urubanza yaregwagamo kurasa inshuti ye, ubu yamaze guhiga ko azitura umunyamategeko wamuburaniraga kumwitirira umwana wabo wa gatatu.

Ku wa 19 Gashyantare 2025, urukiko muri Los Angeles rwasomye umwanzuro w’urubanza A$AP Rocky yaregwagamo kurasa Terell Ephron uzwi ku izina rya A$AP Relli bahoze mu itsinda rimwe rya A$AP Mob.

Urukiko rwatangaje ko uyu muraperi atahamwe n’iki cyaha cyo kurasa uwahoze ari inshuti ye. Ni mu rubanza rumaze hafi ukwezi.

Habuze ibimenyetso bihagije bishinja uyu muhanzi gukora iki cyaha, ndetse ntihabonetse ibikumwe bya A$AP Rocky ku mbunda bivugwa ko yifashishijwe mu kurasa mugenzi babanaga mu itsinda, warasiwe muri hoteli.

Kuba uyu muraperi wari waherekejwe n’umukunzi we Rihanna mu rukiko, yatsinze muri uru rubanza arabikesha umunyamategeko we Joe Tacopina wari uhararariye itsinda ryarwanye intambara itoroshye mu kumuburanira.

Mu kiganiro cya mbere Joe Tacopina yahaye itangazamakuru, yagarutse kubyo A$AP Rocky na Rihanna bamubwiye bakimara gutsina urubanza. Mu kiganiro na Extra, uyu munyamategeko yavuze ko uretse kuba baramwishuye neza, banamusezeranije ikintu gikomeye.

Yakomeje agira ati “Banshyize ku ruhande bambwira ko batabona icyo banyitura, bityo ko umwana wabo wa gatatu bazamwita A$AP Joe. Bakamunyitirira nyine, nahise mbasubiza ko nanjye mbitegereje”.

Uyu munyamategeko yakomeje avuga ko mu gihe bamaranye bitegura uru rubanza, ko byatumye umubano wabo urenga uwo mukazi bagasa nk’ababaye umuryango.

A$AP Rocky wari gufungwa imyaka 24 iyo ahamya n’icyaha cyo kurasa inshuti ye, asanzwe afitanye abana babiri na Rihanna, harimo imfura yabo RZA Myers w’imyaka ibiri hamwe na Riot Rose Myers w’umwaka umwe.

Rihanna na A$AP Rocky bari mu byishimo bikomeye nyuma y'uko uyu mugabo yatsinze urubanza ku byaha yari akurikiranyweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .