00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin yijeje Zelensky ko atazamwica

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 06:53
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel, Naftali Bennett yabwiye itangazamakuru ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yamwijeje ko atazica mugenzi we Volodymr Zelensky wa Ukraine.

Bennett yavuze ko intambara ya Ukraine n’u Burusiya igitangira umwaka ushize, Zelensky yamusabye kumubariza Putin niba ingabo ze zidashaka kumwica.

Icyo gihe ingabo z’u Burusiya zari zagose umujyi wa Kyiv ndetse zari zikomeje kurasa ubutitsa inyubako zitandukanye muri uwo mujyi.

Muri Werurwe 2022, Bennett yahuye na Putin, amubaza niba ingabo ze zidashaka kwica Zelensky wari wamutumye kumubariza.

Ati “Naramubajije nti ese urashaka kwica Zelensky?”. Undi ngo yahise amusubiza ko ntabyo ateganya, undi amusaba kurahira arabikora.

Ubwo Bennett yari avuye i Moscow, yahise ahamagara Zelensky amwizeza ko Putin adateganya kumwica.

Nyuma y’amasaha abiri ubwo Bennett yari avuye mu Burusiya, Zelensky yahise ashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho avuga ko atihishe nkuko byavugwaga ndetse ko adatinya uwo ari we wese.

Putin yijeje Zelensky ko atazamwica, aranabirahirira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .