00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pologne: Abagabo bose bagiye gutozwa igisirikare

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 March 2025 saa 04:42
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Pologne, Donald Tusk, yatangaje ko abagabo bakuru muri icyo gihugu bagiye gutozwa igisirikare, kugira ngo umunsi u Burusiya buzatera u Burayi, icyo gihugu kizabe gifite abarwanyi bahagije bagifasha kwirinda umwanzi.

Uyu mugabo yakunze kumvikana avuga ko u Burusiya ari ikibazo gikomeye cy’umutekano ku Burayi, ndetse ko niburamuka burangije ibikorwa byabwo muri Ukraine, buzakurikizaho ibihugu biri muri OTAN, kandi Pologne ikaba iri mu byagirwaho ingaruka n’ibyo bitero cyane ko ari kimwe mu bihugu binini biri hafi y’u Burusiya.

Tusk yakunze kuvuga ko ibi bishobora kuzabaho mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, ibintu u Burusiya bwahakanye bwivuye inyuma, bukagaragaza ko nta shingiro bifite.

Icyakora Tusk ntashaka gukina mu bikomeye kuko yamaze kuvuga ko buri mugabo wese mukuru muri icyo gihugu, agomba gutozwa ibijyanye n’igisirikare kugira ngo umunsi u Burusiya bwagabye ibitero, Pologne izabe ifite abarwanyi bahagije, bashobora guhangana n’abasirikare babarirwa muri miliyoni 1,3 b’u Burusiya.

Ati "Tuzagerageza gutegura uburyo buzarangira muri uyu mwaka, buzatuma buri mugabo wese mukuru muri Pologne ashobora gutozwa ibya gisirikare, kugira ngo tugire umubare uhagije wahangana n’umwanzi."

Uyu mugabo yavuze ko n’abagore bashobora kuzitabazwa muri iyo myitozo, icyakora ashimangira ko "intambara iracyari urwego rwihariwe n’abagabo cyane."

Ubusanzwe Pologne ifite abasirikare b’umwuga ibihumbi 200, ikaba iri kubongera kugira ngo nibura bagere ku bihumbi 500 ubariyemo n’inkeragutabara.

Abagabo bose muri Pologne bagiye gutozwa igisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .